Ibibazo by’Afurika bizakemurwa n’Abanyafurika – Chairman

Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yabwiye Abaminisitiri b’Ububanyi n’amahanga n’Abambasaderi bo muri Afurika bitabiriye inama I Kigali ko Afurika igomba gukora ibyihutirwa ikikemurira ibibazo idategereje abaterankunga, yibutsa Abanyafurika kumva ko bashoboye nk’uko Abanyarwanda babishingiyeho bakaba bakomeje kwiteza imbere.

Chairman yitabiriye ibirori byo kwibohora muri Nyabihu

Ubwo yari mu Murenge wa Shyira ahabereye ibirori byo kwibohora ku nshuro ya 23, Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko n’ubwo kwibohora byagezweho, ingaruka z’icyatumye Abanyarwanda bahitamo kujya mu arugamba rwo kwibohora zigihari.

Chairman yaganiriye n’Intore z’abahanzi n’abanyamakuru

Ubwo yabonana n’Intore z’abakora imirimo ijyanye na siporo n’itangazamakuru “Imparirwakubarusha n’Impamyabigwi” zigera ku 2000 muri Kigali Convention Center kuri uyu wa gatandatu tariki ya 27 Gicurasi 2017, Chairman w’Umuryangao yabakanguriye gukorana n’ubuyobozi kugira ngo bazamure impano zabo.