Ubushake bwa politiki ni ngombwa mu gukuraho inzitizi zikiri mu itumanaho – Chairman

Ubwo yatangizaga Transform Africa 2017 kuri uyu wa Gatatu, Chairman w’umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yavuze ko ubushake buke bwa politiki bukomeje gutuma ibihugu bidafungurirana amarembo mu itumanaho ngo rirusheho guhendukira abaturage, cyane iyo bigeze mu biciro byo guhamagara mu mahanga.
Chairman yashimye uruhare Abanyarwanda batuye mu mahanga bagira mu iterambere ry’Igihugu

Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi Perezida Paul Kagame yashimye Abanyarwanda ku murava bagira mu guha u Rwanda agaciro mu ruhando mpuzamahanga, ku buryo buri wese asigaye arwirata.
Chairman yitabiriye ibirori byo kwibohora muri Nyabihu

Ubwo yari mu Murenge wa Shyira ahabereye ibirori byo kwibohora ku nshuro ya 23, Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko n’ubwo kwibohora byagezweho, ingaruka z’icyatumye Abanyarwanda bahitamo kujya mu arugamba rwo kwibohora zigihari.
Chairman yatorewe kuyobora Umuryango w’Afurika yunze ubumwe

Ubwo hasozwaga inama y’uyu muryango w’Afurika Yunze Ubumwe ku nshuro ya 29 yabereye muri Ethiopia, u Rwanda rwatororewe kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu mwaka wa 2018.
Chairman yaganiriye n’Intore z’abahanzi n’abanyamakuru
Ubwo yabonana n’Intore z’abakora imirimo ijyanye na siporo n’itangazamakuru “Imparirwakubarusha n’Impamyabigwi” zigera ku 2000 muri Kigali Convention Center kuri uyu wa gatandatu tariki ya 27 Gicurasi 2017, Chairman w’Umuryangao yabakanguriye gukorana n’ubuyobozi kugira ngo bazamure impano zabo.
Imirenge yatoye abazayihagararira ku mwanya wa Perezida muri RPF

Kuva kuri uyu wa 27 Gicurasi 2017 mu gihugu hose hatowe abakandida bazatorwamo uziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ahagarariye Umuryango RPF Inkotanyi mu matora ateganijwe ku wa 4 Kanama 2017.
Perezida Kagame yakanguriye abayobozi kwita ku ireme ry’uburezi

Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi gukomeza gushyira imbaraga mu burezi no gukorera hamwe, kuko ishoramari rishyirwa mu burezi ari ryo rizagena ireme ry’uburezi buzatangwa.
Chairman Paul Kagame yatorewe guhagararira Umuryango FPR mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Kamena 2017, I Rusororo mu nyubako nshya y’ibiro by’Umuryango FPR Inkotanyi habereye Kongere yahuje abanyamuryango hafi 2000 baturutse mu gihugu hose, kuri gahunda hakaba hariho kwihitiramo umukandida uzahagararira Umuryango FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba ku 4 Kanama 2017.
RPF yazanye ubumwe mu gihugu – Chairman Kagame

Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu, yagejeje ijambo ku bantu basaga 100,000 biganjemo abaturate b’akarere ka Ruhango, bari bakusaniye ku kibuga cya Kibingo, aho yatangiriye gahunda zo kwiyamamaza.
Chairman wa RFP yabwiye abanyenyanza ati: Ndashaka ko dufatanya inzira, tukazagerana kure

Chairman wa RPF-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu yiyamamarije mu karere ka Nyanza, nyuma yo kuva mu karere ka Ruhango aho yatangirije ibikorwa bye byo kwiyamamaza.