Chairman yatanze raporo ku ivugurura rikenewe mu muryango w’Afurika yunze ubumwe

Ubwo bari bahuriye mu mwiherero w’Abakuru b’ibihugu byo ku mugabane w’Afurika kuri iki cyumweru I Addis Ababa muri Ethiopia, Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yabagejejeho raporo igaragaza impinduka zikenewe mu muryango wa Africa yunze ubumwe kugira ngo uyu muryango ushobore kuzuza inshingano zawo bitarinze gutegereza inkunga ivuye mu mahanga.
Chairman yibukije abatuye Nyagatare kujya bishyuza abayobozi ibyo babagomba

Ubwo yasuraga Akarere ka Nyagatare ku kuri uyu wa 13 Gashyantare 2017, Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yibukije abagatuye ko bakwiye kujya babaza abayobozi babo ibyo babagomba batabikemura bakabigeza mu nzego zibakuriye. Ibi Chairman yabivuze ubwo yasuraga Imirenge ya Matimba na Karangazi.
Afurika izatera imbere mu bwikorezi bunyuze mu kirere ari uko inzitizi zikuweho – Perezida Kagame

Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yibukije ibihugu by’Afurika ko ari ngombwa gushyira hamwe niba bishaka ko inzozi zo guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere zizaba impamo.
Chairman yibukije abayobozi ko Umwiherero ari umwanya nyawo wo kwisuzuma

Ubwo yavugaga ijambo ritangiza umwiherero wa cumin a kane ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 25 Gashyantare 2017 Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi ko nta yandi mahitamo bafite atari ukuzuza inshingano zo gukorera Abanyarwanda neza hagamijwe kuzamura no guteza imbere imibereho y’abo bashinzwe kuyobora.
Chairman yatanze inyigisho muri kaminuza ya mbere ku isi

Kuri uyu wa gatanu tariki 10 Werurwe 2017 nibwo Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yari muri kaminuza Harvard muri America aho yari yatumiwe gutanga inyigisho ashingiye kubyo amaze kugeza ku Rwanda nk’uri ku isonga ry’ubuyobozi bwarwo.
Chairman yashimye intambwe yatewe na Papa Francis

Nyuma yo gutumira Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame I Roma bakagirana ibiganiro ndetse akaboneraho no gusaba imbabazi ku ruhare abayoboke ba kiriziya gatorika n’abayobozi bayo bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994,
Umuyobozi wa Banki y’isi yashimye ikoreshwa ry’utudege duto mu kugeza amaraso ku barwayi bayakeneye

Perezida wa Banki y’isi Jim Yong Kim atangaza ko ikoranabuhanga ryo gutwara amaraso hifashishijwe indege ntoya za “Drones” ari ntagereranywa kuko nta handi arabibona ku isi.
Ku nshuro ya mbere Inama ihuza ibihugu by’Afurika yatangiye imirimo yayo i Kigali

Kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Nyakanga 2016 mu Rwanda hatangiye inama y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe ihuza ibihugu byo ku mugabane w’Afurika. Ni ku nshuro ya mbere kuva u Rwanda rwabaho iyi nama izahuza abanyacyubahiro barimo n’abakuru b’Ibihugu bagera kuri 50. Ku munsi wa mbere kuri uyu wa 10-11 Nyakanga, habaye inama yahuje Abambasaderi […]
Ibibazo by’Afurika bizakemurwa n’Abanyafurika – Chairman

Chairman w’Umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yabwiye Abaminisitiri b’Ububanyi n’amahanga n’Abambasaderi bo muri Afurika bitabiriye inama I Kigali ko Afurika igomba gukora ibyihutirwa ikikemurira ibibazo idategereje abaterankunga, yibutsa Abanyafurika kumva ko bashoboye nk’uko Abanyarwanda babishingiyeho bakaba bakomeje kwiteza imbere.
Ubushake bwa politiki ni ngombwa mu gukuraho inzitizi zikiri mu itumanaho – Chairman

Ubwo yatangizaga Transform Africa 2017 kuri uyu wa Gatatu, Chairman w’umuryango RPF Inkotanyi Perezida Paul Kagame yavuze ko ubushake buke bwa politiki bukomeje gutuma ibihugu bidafungurirana amarembo mu itumanaho ngo rirusheho guhendukira abaturage, cyane iyo bigeze mu biciro byo guhamagara mu mahanga.